IJAMBO RY’UMUNSI | 2 Tim 2: 1-26

IJAMBO RY’UMUNSI | 2 Tim 2: 1-26

2 Tim 2: 1-26

Mu busore bwa Timoteo, n’ubuhereza bwe, hari byinshi byamugamburuzaga.

Paulo aramuhugura uko yabyitwaramo

👉Ukeneye gukomerera mu buntu bubonerwa muri Yesu Kristo.

Timoteo ni umwigishwa mwiza wo kwizerwa Niyo mpamvu Paulo amusaba ibi :

2 Tim 2:2
👉 kandi
ibyo wanyumvanye imbere y’abahamya benshi, [mpamya ko wabyakiriye neza]
[Nawe rero] ubimenyeshe abantu bo kwizerwa [Abo nabo] bazashobora kubyigisha abandi.

Kuki ??

Kuko Ubutumwa bwiza bukwiye gukomeza KWAMAMAZWA, _ _nibyo Imana ishaka.

#2

[Timoteo we]
✅Uri umusirikare mwiza wa Yesu, kdi
Uri mw’irushanwa
Uri n’Umuhinzi

2 Tim 2: 4

👉umusirikare ntiyivanga niby’iyi si [kwezwa]
👉Urushanwa ahembwa kuko yabikoze nkuko bitegetswe [kumvira]
👉Umuhinzi we, akorana umuhate kuko niwe wa mbere urya ku mbuto. [guhembwa]

2 Tim 2: 7

👉Zirikana ibyo mvuze, kuko Umwami wacu azaguha ubwenge muri byose.

_Paulo ati: _
Nubwo ndenganyirizwa ubutumwa, ngahambirwa iminyururu, [igikuru kinezeza], nuko Ijambo ry’Imana ryo ntawariboha ngo bikunde.

#3
Ibyerekeye kwirinda impaka.

– Kiriya gihe (kimwe n’uyu munsi), abakristo batumvaga ko Gukizwa ari gupfa kuri Kamere, no Kuzukana ubuzima bushya bwo muri Kristo, bahoranaga impaka z’urudaca, niyo mpamvu Paulo yasabaga Timoteo kutabyitaho.

2 Tim 2: 14 -15
👉Ujye ubibutsa ibyo, ubihanangiririze imbere y’Imana ko bareka kurwanira amagambo kuko ari nta cyo bimaze, ahubwo bigusha abumva.

👉Amagambo y’amanjwe uyazibukire

👉Abayavuga nka Humenayo na Fuleto bazarushaho kuba babi

[Bene abo]Amagambo yabo yubika KWIZERA kwa benshi [Hunga!]

Nyamara nubwo Bavangavanga, ntibibuza ko Uwiteka azi abe.

[Kandi umenye ni iki mwana wanjye],
#4

✅Umuntu wese azahinduka icyo yemeye kuba cyo

2 Tim 2: 20 -21
👉Mu nzu y’inyumba ntihabamo ibintu * *a) by’izahabu
b) n’iby’ifeza gusa, ahubwo habamo
c) n’iby’ibiti
d) n’iby’ibumba, kandi bimwe babikoresha iby’icyubahiro, naho ibindi bakabikoresha ibiteye isoni.

👉Nuko rero umuntu niyiyeza akitandukanya,

[Ni ibiki ??]

n’ibidatunganye, azaba abaye ikintu cyo gukoreshwa iby’icyubahiro…

Kubw’ibyo nkubwiye [Timoteo we],

✅Niwemerera irari rya gisore ntuzaba icyo Gikoresho cyiza,

Hunga rero iby’ubusore
Ntukemere guha umwanya wawe ibibazo by’ubupfu, n’abaswa kuko uba ukinguye umuryango w’amahane

2 Tim 2: 24

[Kandi umenye ko]
👉umugaragu w’Umwami wacu ntakwiriye kuba umunyamahane, ahubwo akwiriye kugira ineza kuri bose, agakunda kwigisha, akihangana,

👉Abamugisha impaka baza,
akabagaruza ubugwaneza, kuko ahari bakizwa bakamenya UKURI, bakava mu mutego wa satani.

Article by Omega Ministries

Leave a comment